ANGLICAN CHURCH OF RWANDA
KIGALI DIOCESE
BYINZA PARISH
TEL:0785011824 (Project Director)
email:rw813byinza@gmail.com
ITANGAZO RYO GUTANGA ISOKO
Itorero Anglican ry’ u Rwanda, Paruwasi ya Byinza riherereye mu Karere ka Rwamagana,Umurenge wa Rubona rifite umushinga RW0813 EAR BYINZA uterwa inkunga na Compassion International Rwanda ririfuza gutanga isoko rikurikira:Isoko ryo kwambika abana 265 inkweto za Caguwa.
Abifuza gupiganira isoko bagomba kuba bujuje ibi bikurikira:
- Ibaruwa isaba Isoko yandikiwe umushumba wa Paruwase
- Kuba afite registre de commerce yatanzwe na RDB igaragaza ko yemerewe gukora iyo mirimo
- Kuba ari muri TVA
- Kuba atanga inyemeza buguzi ya E.B.M
- Icyemezo cya RRA kigaragaza ko ntamwenda ayifitiye
- Icyemezo cya RSSB kigaragaza ko ntamwenda ayifitiye
- Kuba asanzwe akora uyu murimo bigaragazwa n’ibyemezo 3 bigaragaza aho yakoze ako kazi neza
- Gutanga compte iri mumazina ahuye nari kubyangombwa yatanze
- Facture proforma igaragaza ibiciro
- Photocopy y’indangamuntu y’uhagarariye Company.
Abifuza gupiganira isoko barasabwa kugeza amabaruwa akubiyemo ibiciro ku biro aho umushinga ukorera. Amabaruwa agomba kuba yagejejwe ku biro by’umushinga kuwa 16 Gashyantare 2026 I saa yine z’amanywa zuzuye (10h00). Amabaruwa azafungurwa muruhame kuwa 16 Gashyantare 2026 I saa tanu z’amanywa zuzuye (11h00).
NB:Gusura sample z’inkweto zikenewe bizakorwa guhera kuwa 09 kugera kuwa 13 Gashyantare 2026 mu minsi n’amasaha y’akazi ku biro by’umushinga.
Ukeneye ibindi bisobanuro yahamagara kuri numero za telephone zatanzwe hejuru
Bikorewe I Byinza Kuwa 03 Gashyantare 2026
Rev Canon MPFAKWITA Francois
Umushumba wa EAR Paruwasi Byinza