ITANGAZO RYO GUTANGA ISOKO RY’IBYOKURYA
Ubuyobozi bw’Umushinga RW0891 uterwa inkunga na Compassion international mw’itorero CELPAR PAROISSE NGENDA burahamagarira abantu bose babifitiye ubushobozi kuza gupiganira isoko ry’ibyokurya by’abana(337 ) b’umushinga , abifuza gupiganira iryo soko bagomba kuba bujuje ibi bikurikira:
-Kwandika ibaruwa isaba isoko yandikiwe umushumba w’itorero rya
CELPAR Paroisse Ngenda.
- Kuba asanzwe ari umucuruzi cyangwa afite ubushobozi bwo gupiganira amasoko.
- Kuba afite E B M ya R R A
- Kuba afite nimero ya compte muri B K cyangwa ahandi hari Informatisé.
- Kuba afite Tin number ya R R A
- Kuzana icyemezo cy’ubucuruzi (Registre de commerce) kigaragaza ibyo yemerewe Gupiganira (Business Activities).
- Kuzana icyemezo kigaragaza ko atarimo umwenda wa RRA(Attestation de non créance)
- Kuzana photocopie y’indangamuntu
- Buri wese agomba kuzuza form igaragaza ibiciro yatanze (proforma) hakubiyemo n’imisoro iteganywa n’amategeko ya leta y’URWANDA.
- Buri wese wifuza gupiganira iri isoko agomba kwishyura amafaranga adasubizwa 10,000frw kuri konti y’umushinga iri muri BK:100008615483
- Kuzana bordereau y’amafaranga yishyuye kuri Banki umunsi w’ipiganwa
- Kuzana icyemezo cya hantu nibura hatatu yaba yarigeze kugemura ibyokurya
- Kugaragaza gahunda isobanutse yerekana uko azakora icyo gikorwa cyo kugemura ibyokurya.
- Abifuza ibindi bisobanuro no kumenya imiterere y’ibikenewe bazabibona muri ako gatabo gakubiyemo amabwiriza agenga iryo soko, bashobora no guhamagara kuri izi nimero zikurikira: 0786100783/0788895681.
- Gufungura amabahasha y’iri soko bizakorwa tariki:28/07/2026 saa tanu zuzuye (11:00) ku biro by’umushinga, Kandi buri wese agomba kuza yitwaje ibyangombwa bye bimwemerera
- gupiganira iryo soko.
- Nta rwiyemezamirimo ugomba gutuma undi, buri wese agomba kwiyizira mu isoko, nkeretse ufite imigabane muri company kandi yanditse mu byangombwa byemewe na RRA.
- Agatabo k’amabwiriza agenga isoko ryo kugemura ibyokurya muzagasangak’urubuga rwa Job in Rwanda. Bordereau izoherezwa kuri iyi Email:projectrw891celpar@gmail.com
- cyangwa kuri nomero za Telephone zatanzwe hejuru.
- Igitabo cy’amabwiriza agenga iryo soko muzagisangak’urubuga rwa Job in Rwanda
- Buri wese agomba kuza yitwaje ibyangombwa bye bisaba iryo soko umunsi wo gufungura amabahasha kuwa mbere Tariki:28/07/2026 saa tanu zuzuye (11:00)Ku biro by’umushinga RW0891 CELPAR Ngenda , uherereye mu karere ka Bugesera ,umurenge waNyarugenge
Bikorewe Bugesera kuwa :21/07/2026
Umushumba w’itorero rya CELPAR paroisse Ngenda
RUGWIZA SUMO Alexandre