ITANGAZO RY’ISOKO
Umushinga RW0626-Ruhanga ukorera mu itorero Anglican ry’u Rwanda EAR Paroisse Ruhanga, mu mudugudu wa Ruhanga ,mu kagari ka Ruhanga, umurenge Rusororo,Akarere ka Gasabo,uramenyesha abantu bose babyifuza ko ushaka gutanga isoko ryo kugurira abana b’umushinga 252 inkweto zo kwigana ku bana bose b’umushinga guhera ku ufite umwaka umwe abiga muri Gardienne,Primaire na Secondaire na kaminuza.
Usaba isoko agomba kubayujuje ibi bikurikira:
- Ibaruwa isaba isoko ,yandikiwe komite y’umushinga RW0626 Ruhanga
- Icyemezo cy’uko ari muri TVA, akaba afite na TIN number.
- Seritifika ya RDB.
- Ibyemezo 3 bigaraza ko asanzwe apiganira amasoko yo gutanga inkweto
- Inyandiko igaraza ibiciro
- Icyangombwa gitangwa na Rwanda revenue kigaragaza kutabamo imisoro Leta
- Icyangombwa cy’uko atanga ubwiteganyirie bw’abakozi (RSSB)
- Fotokopi y’irangamuntu cg ikindi kimuranga.
N.B: Usaba iryo soko agomba kuba yemera kuzatanga inyemeza bwishyu y’akamashini(Electronic Billing Machine). EBM.
Gufungura amabarwa ni kuwa mbere taliki ya 22 /06/2026 saa tanu nigice za mu gitondo[11h00] I Ruhanga aho umushinga ukorera.
Ibyangombwa bindi biranga upiganirwa isoko,ndetse n’ibindi bisabwa ,bikubiye mu bitabo birimo amabwiriza y’iryo soko, biboneka ku mushinga RW0626 Ruhanga, mu masaha y’akazi, guhera kuwa mbere tariki ya 8/06/2026 bitwaje inyemezabwishyu bishyuye kuri compte numero 100014121468 mu mazina ya EAR RUHANGA CDC bigurwa amafranga 10,000FRW kuri kimwe. Itariki ya nyuma yo gutanga amabaruwa ni kuri le 22/06/2026. Saa tanu
Itanganzo ritanzwe n’ubuyobozi bwa EAR Paroisse Ruhanga.
Ruhanga tariki ya 04/06/2026
Rev.Pastor Mushikazi Jean Bosco