ASSEMBLIES OF GOD KAZIBA
KIREHE PARISH
PROJECT RW 0953 KAZIBA
Tel: 0788257903-0788620837
ITANGAZO RY’ISOKO RYO KUGURA NO GUTANGA INGURUBE 147
Ubuyobozi bw’ itorero Assemblies of God Kaziba, Paroisse Kirehe rifite Umushinga RW0953 Kaziba uterwa Inkunga na Compassion International mu Rwanda, buramenyesha abantu bose babyifuza kandi babifitiye ubushobozi ko hari isoko No: 0011/CI/RW0953/2026 ryo kugura no gutanga ingurube zo koroza abagenerwabikorwa 147 kuri uwo mushinga.
ABIFUZA GUPIGANIRA IRI SOKO BAGOMBA KUBA BUJUJE IBI BIKURIKIRA
- Ibaruwa yandikiwe ubuyobozi bwa Assemblies of God kaziba isaba isoko.
- Facture Proforma igaragaza igiciro cya kimwe n’igiciro mbumbe cyose.
- Kuba afite inimero y’ umusoreshwa (TIN Number) na TVA.
- Kuba afite Registre de Commerce.
- Kuba nta deni afitiye ikigo gishinzwe imisoro n’ amahoro (Rwanda revenues authority)
- Kuba nta deni afitiye ikigo cy’ubwiteganirize mu Rwanda (RSSB).
- Kuba yarakoze iyo mirimo neza afite ibyemezo bitatu byaho yayikoze bigaragaza ko yagemuye ayo matungo (Ingurube) biriho umukono wa Notaire.
- Kuba afite icyemezo cya Bank kigaragaza ko afite ubushobozi bwo gukora iryo soko.
- Kuba yemera kuzishyurwa kuri OP izigamiwe muri Banki ya Kigali nyuma yo kurangiza Imirimo.
- Kuba afite Akamashini gasohora Billing Receipt yemewe n’ikigo RRA.
- Kuba yishyuye amafaranaga adasubizwa ibihumbi cumi (10000frw) igitabo gikubiyemo amabwiriza y’isoko (DAO)
- Photocopy y’Irangamuntu ya nyiri Company cg Uyihagarariye.
N.B: Kubabyifuza kandi babifitiye ubushobozi, basabwe kuza kugura igitabo cy’amabwiriza y’isoko kiboneka ku biro by’umushinga RW0953 Kaziba mu minsi y’akazi kuva 20-12-2025 kugeza kuwa 05-01-2026 saa tatu za mugitondo (9h00) kugera saa kumi n’imwe z’umugoroba (17h00), ayo mafaranga akishyurwa kuri konte y’umushinga 100 001227 569 yitwa RW0953 ASSEMBLIES OF GOD KAZIBA iri muri Bank ya Kigali. Basabwe kandi gutanga amabaruwa asaba isoko bakoresheje email kazibastudent@gmail.com bagatanga copy kuri email eniyonzima@rw.ci.org bitarenze tariki ya saa tanu za mu gitondo (11h00 am) ari nayo masaha yo gufungura amabaruwa ku mugaragaro. Uzatsindira iryo soko azamenyeshwa biciye kuri Email ndetse n’igihe cyo gusinya amasezerano y’isoko mu nyandiko.
- Muri iyi minsi mikuru mu gihe mwaba mushaka DAO tudahari mwatuvugisha kuri contact zigaragara hejuru tukabafasha
Bikorewe I kaziba, kuwa 19/12/2025
Biteguwe na: Byemejwe na
Umuyobozi w’umushinga Umuyobozi w’ itorero Assemblies of God Kaziba
PD BAHIZI Jean Pierre
Umuyobozi w’ itorero Assemblies of God Kaziba
Rev. Pastor Mugabo Dieudonnee