ITANGAZO RY’ISOKO
Ubuyobozi bw’Itorero rya Restoration Church Paruwasi ya Rusororo buramenyesha ba Rwiyemezamirimo babishaka ko hari isoko ryo kugemura ingurube mu kwezi kwa Gashyantare 2026 ndetse n’inkwavu muri Werurwe 2026 bizorozwa abafatanyabikorwa bo mu mushinga RW0252.
IBISABWA K’ USHAKA GUPIGANWA:
- Ibaruwa isaba isoko yandikiwe umuyobozi wa Paroisse Kuri email:ercrusororo@yahoo.com
- Kuba afite icyemezo cy’ibyo akora gitangwa na RDB (Registre de Commerce).
- Kuba afite TIN number
- Kuzana urupapuro rugaragaza igiciro azatangiraho (Proforma Invoice)
- Icyemezo cyo kutabamo umwenda w’imisoro ya Leta gitangwa na (RRA)
- Kugira konti muri Bank izwi mu Rwanda kandi yanditse mu mazina ya company yaje gupiganirwa isoko
yakwishyurwaho amafaranga. - Kuba afite ubushobozi kandi yiteguye kuzana (supplying) mu gihe kitarenze iminsi 10 kuva isoko rimaze gutangwa no gusinya amasezerano.
- Kuba rwiyemezamirimo atanga inyemezabwishyuya EBM (Electronic Billing Machine).
- Kugaragaza ibyemezo 2 bigaragaza ko akorana neza n’abandi
- Kugaragaza icyemezo gitangwa na RSSB cyerekana ko atabereyemo umwenda icyo kigo
- Gutanga fotokope y’irangamuntu ya nyiri Company ipigana
- Kuba Rwiyemezamirimo yemera gusinya amasezerano yo kurengera umwana
- Kuba Rwiyemezamirimo yemera kwishyurwa nyuma yo kurangiza akazi nta avance
Gufungura amabaruwa bizakorwa kuwa 11 Gashyantare 2026 saa cyenda z’amanywa ku kicaro giherereye I Rusororo ,Kabuga kandi byose byoherezwa kuri email yavuzwe haruguru ariyo ercrusororo@gmail.com.
Ku bindi bisobanuro wahamagara telephone 0788805494 ya Uwishema
Bikorewe i Rusororo
Kuwa 27 Mutarama 2026
Bishop MUZALIWA Prosper
SENIOR PASTOR