EAR/ DIOCESE SHYOGWE
PAROISSE NYARUGENGE
RW0723 EAR NYARUGENGE
ITANGAZO RY’IPIGANWA RY’ISOKO RY’IHENE.
Ubuyobozi bw’Itorero Anglican ry’u Rwanda, EAR Diocese ya Shyogwe Paruwasi ya NYARUGENGE rifite umushinga RW0723 EAR NYARUGENGE uterwa inkunga na Compassion International Rwanda, ukorera mu karere ka RUHANGO, umurenge wa Kinazi buramenyesha ba rwiyemezamirimo babifitiye ubushobozi kandi bujuje ibyangombwa bisabwa gupiganira isoko ryo kugemura Ihene 43 z’amashashi ageze igihe cyo kwima.
Abashaka gupiganira iryo soko barasabwa kuza gufata ibitabo bikubiyemo amabwiriza y’ipiganwa ku biro by’umushinga kuva ku itariki ya 12/05/2026 kugeza kuwa 25/05/2026 mu masaha y’akazi bitwaje inyemezabwishyu bishyuriyeho amafaranga 10,000 adasubizwa kuri konte No:100014266679 ya RW 0723EAR NYARUGENGE S.CENTER iri muri Bank ya Kigali, ibyo bitabo bizaba biri Kuri EAR Paruwasi Nyarugenge ku biro by’umushinga cyangwa akagihabwa kuri email nyuma yokohereza inyemezabwishyu kuri email y’umushinga rw0723earnyarugenge@gmail.com.
Amabahasha akubiyemo ibisabwa bikubiye mu gitabo azakirwa kandi afungurwe mu ruhame kuwa 25/05/2026 saa munani (14h00’) mu cyumba cy’inama aho umushinga ukorera.
Buri wese yizanira ibaruwa ikubiyemo ibisabwa cyangwa akohereza umuhagarariye mu buryo buzwi.
Ukeneye ibindi bisobanuro yahamagara Kuri numero za telefoni zikurikira (0783568243 Project Director /0788856038 (Pastor).
Bikorewe i Nyarugenge kuwa 12/05/2026
Arch. NDAHAYO Josias
Umushumba wa EAR Paruwasi Gahombo