ITANGAZO RIHAMAGARIRA GUPIGANIRA AMASOKO
Itorero EPR Paruwasi ya Gahondogo, ikoreramo Umushinga uterwa inkunga na Compassion International RW0551 EPR GAHONDOGO, riherereye mu Mudugudu wa bukane,Akagari ka cyabagarura, Umurenge wa Musanze, Akarere ka Musanze. Rirahamagarira ba Rwiyemezamirimo babyifuza kandi babifitiye ubushobozi gupiganira Isoko ryo kugemura ihene mirongo ine (40) z’amashashi ageze igihe cyo kwima z’abafatanyabikorwa baterwa inkunga n’umushinga.
Abifuza gupiganira iryo soko bashobora kubona ibitabo bikubiyemo amabwiriza agenga ipiganwa(DAO) mu biro by’umuyobozi w’Umushinga RW0551 EPR Gahondogo cyangwa kuri Email,rw551gahondogo@gmail.com kuva ku itariki ya 08/09/2026, kugeza tariki ya 20/09/2026 mu masaha y’akazi, nyuma yo kwishyura amafaranga Ibihumbi icumi (10,000Frws) adasubizwa yo kuguraigitabo ashyirwa kuri konti y’Umushinga RW0551 ifite No100002144055 yitwa RW0551 EPR GAHONDOGO iri muri Banki ya Kigali(BK). Amabahasha y’Ipiganwa azakirwa kandi afungurwe mu ruhame taliki ya 21/09/2026 Saa Yine(10h00) za mugitondo ku biro by’umushinga RW0551EPR Gahondogo.
-Abakeneye ibindi bisobanuro baza k’umushinga mu masaha y’akazi cyangwa bagahamagara kuri 0780594765/0785604511.
Bikorewe i Gahondogo, ku wa 07/09/2026
Umushumba w’Itorero EPR PAROISSE GAHONDOGO
TURIKUMANA Alphonse